Tuesday, March 19, 2013

Ese gukebwa (gusiramurwa) ni itegeko muri bibilia?

Ese gukebwa (gusiramurwa) ni itegeko muri bibilia?

Itangiriro 17:9-10 « Imana yongera kubwira Abrahamu iti “Na we uzakomeze isezerano ryanjye, wowe n’urubyaro rwawe ruzakurikiraho kugeza ibihe byabo byose. Iri ni ryo sezerano ryanjye muzakomeza, riri hagati yanjye namwe n’urubyaro rwawe ruzakurikiraho, umugabo wese muri mwe azakebwa. »

Aha Nyagasani ubwe ni we wategetse Aburahamu ibyo gusiramurwa (Gukebwa) kandi Nyagasani avugako bizaba itegeko ry’ibihe byose.
Yosuwa 5:2-4 « Icyo gihe Uwiteka abwira Yosuwa ati “Wisaturire amabuye atyaye, mukebe Abayisiraheli ubwa kabiri. Yosuwa asatura amabuye atyaye ayakebeshereza Abayisiraheli ku musozi Araloti. Impamvu yatumye Yosuwa abakebesha ni iyi : abagabo bose bari baravuye muri Egiputa, bari baraguye mu nzira inyura mu butayu barimo ingabo zose, ni bo bari bavuye muri Egiputa.Luka 1:59 « Ni uko ku munsi wa munani bajya gukeba umwana bashaka kumwita izina rya se Zakariya…”

Intumwa Yohana na yo yarakebwe kuko ari itegeko rya Nyagasani.

Luka 2:21 « Nuko iminsi munani ishize, arakebwa,bamwita Yesu, rya zina ryari ryaravuzwe na malayika, nyina atarasama inda ye. »

Ahangaha bigaragarako na Yesu abantu benshi bita Imana yakebwe. Bigaragazako intumwa zose n’abahanuzi bubahirije itegeko rya Nyagasani ryo gukebwa.Igitangaje ni uko Bibiliya ivuga ngo twigane Yesu kandi Yesu yarakebwe.Kugirango rero tumwigane tunabone kumukurikira ni uko natwe dukebwa.

Itangiriro 34:13-18 « Bene Yakobo basubizanya uburiganya Shekemu na Hamori, kuko yononnye Dina mushiki wabo. Baramubwira bati “Ntitwabasha gushyingira mushiki wacu umuntu udakebwe, kuko ibyo byadutera isoni. Icyatuma twemera ibyo ni kimwe gusa, ko muba nka twe,ngo umugabo wese wo muri mwe akebwe. Ni ho tuzabashyingira abakobwa bacu, tukarongora abakobwa banyu, tugaturana tukaba ubwoko bumwe. Ariko nimutatwumvira ngo mukebwe, tuzajyana umukobwa wacu twigendere. Amagambo yabo anezeza Hamori na Shekemu mwene Hamori . »

Bibiliya ivuzeko bikojeje isoni gushyingira mushiki wawe umuntu udakebwe. Kubera iki?

Yesaya 52:1-3 « Kanguka kanguka wambare imbaraga zawe Siyoni, ambara imyambaro yawe y’umurimbo Yerusalemu umurwa wera, kuko uhereye none utakebwe n’uwanduye batazongera kukwinjiramo. Ihungure umukungugu, uhaguruke wicare Yeruzalemu, wibohore ingoyi mi ijosi yewe mukobwa w’i Siyoni wajyanywe ari imbohe, kuko Uwiteka avuze ngo “Mwaguzwe ubusa, nanone muzacungurwa ari nta feza utanze. »

Bibiliya yerekanako umuntu udakebwe aziririjwe kwinjira ahantu hatagatifu akaba ari na yo mpamvu tubujijwe kuba twanamushyingira. Ni yo mpamvu abayisilamu dukebwa kuko ari isuku Imana yadutegetse.

Ezekiyeli 44:9 “Uko ni ko Uwiteka avuga ngo nta munyamahanga udakebwe ku mutima no ku mubiri uzinjira mu buturo bwanjye bwera, habe n’uwo mu banyamahanga bari mu Bisiraheli.”

No comments:

Post a Comment